Perezida Kagame yacyeje John Dramani

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri, yacyeje John Dramani Mahama wongeye gutorerwa kuyobora Ghana nka Perezida wayo mushya.

Dramani yatorewe kongera kuba Perezida wa Ghana ahigitse Mahamudu Bawumia wari usanzwe ari Visi Perezida.
Si ubwa mbere uyu mugabo ayobora Ghana kuko yabaye Perezida kuva mu 2012 kugeza mu 2017.

Mahama yagize amajwi 57,4% mu gihe Mahamudu Bawumia w’Ishyaka New Patriotic Party ryari riri ku butegetsi, yagize amajwi 41,4% nk’uko ibarura ry’agateganyo ribigaragaza.

Perezida Paul Kagame mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X, yashimiye uyu munyapolitiki ku bwo kongera gutorwa.

Ati: “Ndagushimira inshuti yanjye Perezida watowe, John Dramani ku bw’intsinzi mu matora. U Rwanda na Ghana bisangiye umuhate ukomeye ku terambere, bityo turateganya gukorana mu gushimangira umubano dufitanye no guteza imbere icyerekezo cya Afurika iteye imbere”.

John Mahama agomba gusimbura ku butegetsi Nana Akufo-Addo w’ishyaka New Patriotic Party (NPP) wabugiyeho mu 2017.

Kuva John Mahama yava ku butegetsi ni ubwa gatatu yari yongeye guhatanira kubugarukaho, gusa mu nshuro ebyiri zabanje ntiyahiriwe.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *