Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye mu biro bye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (La Francophonie), Louise Mushikiwabo, Charles Michel uyoboye Akanama k’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) na Chrysoula Zacharopoulou, umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya EU.
Nk’uko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byabitangarije ku rubuga rwa Twitter, Louise Mushikiwabo n’aba babiri bageze mu Rwanda baje gushyigikira gahunda yo gukingira Covid-19 yatangiye tariki ya 4 Werurwe 2021.

Perezida Kagame na Charles Michel uyoboye akanama ka EU

Mushikiwabo, Charles Michel na Perezida Kagame
Ibi biro kandi bivuga ko baje muri gahunda yo gushyigikira ko inkingo z’iki cyorezo zagera hose.
Louise Mushikiwabo, Charles Michel na Zacharopoulou mbere y’uko bakirwa mu biro by’Umukuru w’Igihugu, babanje gusura igikorwa cy’ikingira ku Kigo Nderabuzima cya Mayange mu Karere ka Bugesera, bakurikirana uko kiri kugenda.
Inkuru bifitanye isano http://bwiza.com/?Bugesera-Depite-Zacharopoulou-wazanye-na-Mushikiwabo-mu-Rwanda-mu-bakingiye
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


