20260113_181201

Perezida Kagame yasezeye kuri Ambasaderi Eric Kneedler 

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri yakiriye mu biro bye Ambasaderi Eric Kneedler, mu rwego rwo kumusezeraho nyuma yo gusoza urugendo rwe nk’uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda.

Umukuru w’Igihugu yasezeye kuri Ambasaderi Kneedler, nyuma ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Kneedler yari Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda kuva mu Ukwakira 2023.

Mu kwezi gushize ni bwo we n’abandi badipolomate hafi 30 bari bahagarariye Amerika mu bihugu bitandukanye nka ba Ambasaderi bahamagajwe n’ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump, nyuma yo gutangira guhindura imiterere ya dipolomasi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mahanga.

Kneedler na bagenzi be bari barahawe inshingano mu gihe cy’ubutegetsi bwa Joe Biden, gusa bari bararokotse isukura ryabaye mu mezi ya mbere ya manda ya kabiri ya Trump.

Afurika ni wo mugabane wagizweho ingaruka kurusha indi, aho ba ambasaderi b’ibihugu 15 ari bo bakuweho.

Barimo uwari uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Algérie, u Burundi, Caméroun, Cape-Vert, Misiri, Gabon, Côte d’Ivoire, Madagascar, Ibirwa bya Maurice, Niger, Nigeria, u Rwanda, Sénégal, Somalia na Uganda.

Kugeza ubu nyuma y’igenda rya Ambasaderi Eric Kneedler ntibiramenyekana niba Washington izagena undi Ambasaderi ugomba kuyihagararira i Kigali.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *