screenshot_20200801-222030_2_.png

Perezida Kagame yifatanyije n’abandi bafana ba Arsenal kwishimira insinzi ya FA Cup

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Kanama 2020 yifatanyije n’abafana bose b’ikipe ya Arsenal mu byishimo batewe n’uko imaze kwegukana igikombe cya FA Cup.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ni bwo hari umukino wahuje amakipe abiri y’ubukombe mu Bwongereza no ku Isi, Chelsea na Arsenal yari yahuriye ku mukino wa nyuma w’irushanwa ry’igikombe cy’igihugu mu Bwongereza, rizwi nka FA Cup.

Uyu mukino warangiye ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe nyuma y’uko rutahizamu wayo w’umunya-Gabon, Pierre Emerick Aubameyang ayifashije gutsinda ibitego 2 kuri 1 cya Chelsea cyatsinzwe na Christian Pulisic. Chelsea niyo yafunguye amazamu ku munota wa 6 w’umukino, naho ibya Arsenal byombi byatsinzwe na Aubameyang bikaba birimo penaliti yabonetse ku munota wa 28 ikindi kiboneka kuwa 67.

Ikipe ya Arsenal ni ikipe izwiho kugira abakunzi benshi ku Isi biganjemo abakomeye, barimo n’abakuru b’ibihugu nka Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Nyuma yo kwegukana iyi nsinzi, Perezida Kagame mu butumwa yashyize kuri Twitter yagaragaje ibyishimo atewe n’insinzi y’iyi kipe abereye umwe mu bafana b’imena bayo ku isi .

Yagize Ati: “Bravo, byiza cyane kuri Arsenal ku by’iyi nsinzi wari ukwiye kandi ikenewe ya FA CUP. Natwe abafana n’abaterankunga dukomeje kuguha icyizere…komeza ujye mbere kandi twihe intego yo kugera kuri byinshi. Turashoboye…!”
screenshot_20200801-222030_2_.png

Iki kibaye igikombe cya 14 cya FA Cup iyi kipe isanzwe ifitanye na Guverinoma y’u Rwanda amasezerano yo kwamamaza ubukerarugendo bukorerwa mu Rwanda (Visit Rwanda) itwaye. Ni nyuma y’uko bitari byayigendekeye neza muri shampiyona y’uyu mwaka kuko yasoreje ku mwanya wa 8 n’amanota 56.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *