Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemeje ko abuzukuru be bateye ikirenge mu cye ku buryo na bo batangiye kwihebera ikipe ya Arsenal.
Ni mu butumwa Umukuru w’Igihugu yashyize ku rubuga rwe rwa Twitter bwari buherekeje ifoto y’abuzukuru be babiri bambaye imyambaro y’iriya kipe y’i Londres.
Ati: “Turi aba-Gunners (uko abafana ba Arsenal bakunda kwiyita), abashya cyane ndetse n’abato cyane.”
Ni ubutumwa bwasamiwe hejuru n’abakurikira Umukuru w’Igihugu ku rubuga rwa Twitter bagiye bashyira ahatangirwa ibitekerezo utumenyetso tw’umutima, mu kugaragaza ko bishimiye bariya bana.
Perezida Paul Kagame asanzwe ari umufana w’akadasohoka wa Arsenal utajya yihishira.
Mu kwezi gushize ubwo iyi kipe yatsindaga bigoranye AFC Bournemouth ibitego 3-2 bigoranye, Perezida Kagame ni umwe mu bishimiye cyane iyi ntsinzi; ashimira Arsenal, umutoza Mikel Arteta cyo kimwe na Reiss Nelson watsinze igitego cy’intsinzi.


