abacam.jpg

Perezida Ndayishimiye ‘araririra’ Abarundi kubera imikorere mibi y’abacamanza

Perezida wa Repubulika y’u Burundi akaba n’Umucamanza w’Ikirenga, Evariste Ndayishimiye yanenze bikomeye abacamanza kuko ngo ni bo batuma Abarundi n’abanyamahanga babagana bahora barira.

Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa 24 Kanama 2021 ubwo yari ayoboye inama yamuhuje n’abacamanza, yateraniye mu ntara ya Bujumbura.

Yagize ati: “Kubona Abarundi bantora, bakanshyira imbere yabo ngo mbayobore, ngasanga nta komini n’imwe ibuzemo nibura abantu barimo bararira, barizwa n’iki? Ubutabera. Mbwira uri Umukuru w’Igihugu, wahita uba iki? Wakora iki? Na cyane cyane uzirikana icyo ushinzwe, ugasanga bose barimo bararira; umuto akarira, umukuru akarira, bose bakarira.”

Yakomeje ati: “None icyo gihugu guhera ku Mukuru w’Igihugu arira, umwenegihugu akarira, umunyamahanga wari ukeneye u Burundi akarira, icyo gihugu ni icya he? Icyo gihugu cyitwa ngo iki?”

Perezida Ndayishimiye avuga ko yageze muri komini imwe, umuturage aramutakira amubwira ati: “Twebwe ikibazo dufite ni icy’abacamanza, ubukene dufite tubutewe n’abacamanza, ubu ntugitsinda urubanza utagurishije ihene, utagurishije inka, utagurishije intongo. Ubukene bwose rero ubona dufite, ntuturebe ngo turi abakozi…byose tubihereza abacamanza.”

Yavuze ko hari abandi bamubwiye ko ubwicanyi bubera mu gihugu buterwa n’abacamanza. Babihakanye, arabasubiza ati: “Eeeh! Muravuga ngo si byo; iyo hatabaye ubutabera bwa rusange, haba ubutabera bw’ibanga. Iyo nta mucamanza uri mu gihugu, abenegihugu bicira urubanza.”

Perezida Ndayishimiye yavuze ko igihugu kitagira ubutabera, nta terambere, nta n’umutekano cyagira. Yaboneyeho gusaba abacamanza kuvugurura imikorere yabo, bagakora neza.

abacam.jpg

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *