img_20210511_134422.jpg

Perezida Ndayishimiye yageze muri Uganda (Amafoto)

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze kugera i Kampala muri Uganda aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Ni umuhango uteganyijwe kubera ku kibuga cy’ubwigenge cya Kololo ejo ku wa Gatatu.

Perezida Ndayishimiye uri mu bakuru b’ibihugu birindwi bagomba kwitabira irahira rya Museveni, yageze ku kibuga cy’indege cya Entebbe atwawe n’indege ya Uganda Airlines, yakirwa n’Umunyamabanga wa Leta ya Uganda ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Hon Okello Henry Oryem.

Iyi ndege ni yo yamukuye i Burundi mu kanya kashize aherekejwe n’umufasha we, Angeline Ndayubaha.

Perezidansi y’u Burundi mu itangazo ryashyizweho umukono na Amb. Willy Nyamitwe, yavuze ko Perezida Evariste Ndayishimiye agomba kumara muri Uganda iminsi itatu.

Perezida Ndayishimiye yageze i Kampala nyuma ya Perezida wa Somalia, Mohamed Abdullahi Farmaajo wahageze mu kanya kashize.

Abandi bakuru b’ibihugu batanu bategerejwe muri Uganda barimo Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Salva Kir wa Sudani y’Epfo, na Nana Akuffo-Addo wa Ghana.

Perezida Emerson Mnangagwa wa Zimbabwe, Alpha Condé wa Guinée na bo bategerejwe i Kampala, mu gihe Félix Tshisekedi wa RDC uri muri Ethiopia ategerejwe i Kampala ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri.

Perezida Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri Mutarama uyu mwaka, atsinze amatora yari ahanganyemo n’abarimo Bobi Wine ku majwi 59%.

Ni amatora yabimburiwe n’ibikorwa byo kwiyamamaza byaranzwe no kwica ndetse no guta muri yombi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bikozwe n’inzego z’umutekano, ku buryo abarenga 50 baguye mu myigaragambyo yabereye i Kampala abandi benshi bakaburirwa irengero.

img_20210511_133959.jpg

img_20210511_134422.jpg

img_20210511_134429.jpg

img_20210511_135103.jpg

img_20210511_134111.jpg

img_20210511_134434.jpg

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *