Perezida Ndayishimiye yamaganye yivuye inyuma Coup d’Etat iheruka gupfuba muri Niger

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yamaganye kuri uyu wa Kane ihirika ry’ubutegetsi riheruka gupfuba muri Niger, ashimangira ko u Burundi butazigera na rimwe bwemera ifata ry’ubutegetsi ridakurikije itegeko nshinga.

Ni ibikubiye mu butumwa Perezida Ndayishimiye yasangije abamukurikira ku rukuta rwe rwa Twitter.

Ati: “Twamaganye mu buryo bukomeye igerageza ryo guhirika ubutegetsi ryabaye muri Niger mu ijoro ryo ku wa 31 Werurwe 2021.”

“U Burundi buzahora burwanya ifatwa ry’ubutegetsi rikoresheje uburyo bunyuranyije n’itegekonshinga, haba muri Afurika ndetse n’ahandi hose ku Isi.”

Ejo ku wa Gatatu ni bwo haburijwemo ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Perezida Mahamadou Issoufou wa Niger, mbere y’iminsi ibiri ngo Mohamed Bazoum ugomba kumusimbura arahirire kuyobora kiriya gihugu.

Mu gitondo cyo ku wa Gatatu nibwo amasasu yumvikanye hafi y’ingoro ya Perezida mu murwa mukuru Niamey.

AFP yatangaje ko ayo masasu yarashwe ubwo abarinda ingoro ya Perezida barasanaga n’abandi basirikare bashakaga guhirika ubutegetsi.

Umwe mu bayobozi mu nzego z’umutekano, yavuze ko bamwe mu basirikare barashe batawe muri yombi.

Ati: “Hari abafashwe mu basirikare bari bari inyuma y’iyi Coup d’etat. Abarinda Perezida birwanyeho bababuza kwegera ingoro.”

Biteganyijwe ko Perezida mushya wa Niger, Mohamed Bazoum azarahira kuyobora kiriya gihugu ejo ku wa Gatanu.

Ni nyuma yo gutsinda mu matora Mahamane Ousmane wigeze kuyobora Niger wanze ibyayavuyemo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *