Perezida wa Kenya, Dr William Samoei Ruto, yatangaje ko imipaka y’ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) ikwiye kubihuza nk’ikiraro, aho kubitandukanya.
Ni ijambo uyu Mukuru w’Igihugu yavugiye mu birori byo kwizihiza imyaka 60 Uganda imaze ibonye ubwigenge byabereye ku kibuga cya Kololo, i Kampala kuri uyu wa 9 Ukwakira 2022.
Perezida Ruto yasabye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Museveni, nk’Umukuru w’Igihugu ukuze muri aka karere kandi umaze imyaka myinshi ku butegetsi guharanira ko imipaka y’ibihugu bya EAC ivaho.
Yagize ati: “Nyakubahwa, nk’umusaza mukuru, Perezida Museveni, ufite akazi ko kuyobora igikorwa cy’uko twakuraho imbibi, imipaka n’imbogamizi kugira ngo tugire EAC itagira imipaka.”
Yavuze ko imipaka itandukanya ibi bihugu ikwiye guhindurwamo ibiraro bibihuza kugira ngo bisangire amahirwe atandukanye n’iterambere.
Ati: “Ntabwo twasangira ubukene n’inzara ariko twasangira amahirwe n’iterambere. Dukwiye guhindura imipaka, ikava ku idutandukanya, igahinduka ibiraro ibicuruzwa, serivisi n’abantu bambukiraho muri Afurika y’iburasirazuba, nta nkomyi.”
Perezida Ruto yavuze ko kubera kudakora kw’imipaka uko bikwiye, bituma ishoramari muri uyu muryango risigara inyuma ugereranyije no mu yindi. Abona biterwa n’abagena politiki.
Yaboneyeho gusaba abashoramari bo muri aka karere kubyaza umusaruro ibikorwaremezo bikarimo, bagakoresha isoko rusange rihuza umugabane wa Afurika rizwi nka ACFTA mu kugateza imbere.
Guhuza isoko ni imwe mu ntego za EAC, gusa yagiye ikomwa mu nkokora n’umubano wajemo agatotsi hagati ya bimwe mu bihugu bigize uyu muryango.
N’ubwo hajemo iyi mbogamizi, abarimo Perezida Museveni baracyashimangira ko iyi ntego yagerwaho, abakora ubucuruzi bagakorera mu bihugu byose bigize EAC bisanga.



