Perezida w’igihugu cya Brasil, Jair Bolsonaro yiyunze ku magana y’abaturage bigaragambya bamagana umwanzuro wafahswe na ba guverineri b’uduce tugize iki gihugu wo kuguma mu rugo hirindwa Coronavirus. Perezida Bolsonaro ku Cyumweru tariki 19 Mata 2020, yari mu bigarambya ari kumwe n’abamurinda. Yabwiye abaturage ko ” Ari kumwe nabo kuko yemera ibitekerezo batanga ku kibazo cyo gukomeza kuguma mu rugo.” Uyu mukuru w’igihugu yari mu myigaragambyo yabereye hafi n’ibiro bikuru by’igisirikare muri iki gihugu. Yabwiye abaturage ati ” Ubu ni imbaraga z’abaturage. Ubu ibi birenze uburenganzira bwanyu. Ni inshingano ku gihugu cyanyu. Nta biganiro dukeneye, dushaka ko hagira igikorerwa Brasil.” Abantu batandukanye muri Brasil bamaganye icyemezo cya ba guverineri cyo kugumisha abaturage mu rugo. Mu bamaganye uyu mwanzuro nk’uko VOX ibitangaza, harimo n’abatuye mu mijyi ituwe cyane muri iki gihugu nka Sao Paulo na Rio de Janeiro. Perezida Bolsonaro azwi nk’umuntu wamaganye ibyo kuguma mu rugo ku ikubitiro. Imyumvire ye kuri ki kibazo, yatumye yirukana Minisitiri w’Ubuzima, Luiz Henrique Mandetta, wari ushyigikiye ibyo guhana intera no kuguma mu rugo. Kugeza ubu muri Brasil harabarurwa abanduye Coronavirus ibihumbi 40. Muri aba ibihumbi 23 bamaze kwicwa n’iki cyorezo.

Perezida Jair Bolsonaro mu myigarambyo


