Perezida wa Koreya y’Epfo yoherereje uw’u Rwanda ubutumwa bwihariye

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 27 Kamena, Minisitiri w’intebe, Edouard Ngirente, yakiriye Sung Min Jang, intumwa idasanzwe ya Perezida wa Repubulika ya Koreya, waje azanye ubutumwa bwihariye bwa Perezida Yoon Suk Yeol bugenewe Perezida Paul Kagame .

Ibiganiro byabo byibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi nk’uko iyi nkuru dukesha The New Times ivuga

Nkuko byavuzwe, ubutumwa bwihariye bugenewe Perezida Kagame burimo ubutumire bwo kuzitabira inama izahuza Afurika na Koreya , iteganijwe muri Gicurasi 2024 izabera muri Koreya.

Jang yabwiye itangazamakuru ko ibiganiro byanagarutse ku buryo ibihugu byombi byakongera ubufatanye mu bukungu.

Yasobanuye agira ati: “Dukomeje imbere, perezida wacu ashishikajwe no kongera ubufatanye mu by’ubukungu n’ibihugu byo muri Afurika byizera cyane amahoro, iterambere, n’ubwisanzure. Muri ibyo bihugu, u Rwanda rufite umwanya, kandi dufite intego yo gushyira ingufu mu kurushaho kunoza no gushimangira ubufatanye mu bukungu hagati y’ibihugu byacu. ”

Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mpuzamahanga, Manasseh Nshuti, yashimangiye ko umubano w’ibihugu byombi umaze igihe kinini hagati y’ibihugu byombi. Ni ubufatanye mu nzego zitandukanye, zirimo uburezi, ICT, n’ubuhinzi.

Ati: “Ikiganiro uyu munsi cyanagaragaje uburyo dushobora kuzamura ubufatanye muri izo nzego, kandi bimwe mu bigo byabo bitabiriye iyi nama byagaragaje ko byifuza gushora imari mu Rwanda”.

Nshuti yashimangiye ko amasosiyete yo muri Koreya azagirana ubufatanye n’amasosiyete yo mu Rwanda mu gufasha kugera ku musaruro wuzuye w’ibicuruzwa ubundi byoherezwaga bidatunganyijwe. Urugero rwaba gukora bateri z’imodoka zikoresha amashanyarazi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *