Inama y’abaminisitiri mu gihugu cya mali yateranye kuwa Gatatu tariki ya 17 Ukwakira 2024, yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bagize uruhare mu guhirika ubutegetsi barimo Perezida Col. Assimi Goita wagizwe G?n?ral.
Inama y’abaminisitiri yo muri Mali kandi yazamuye mu ntera abandi basirikare bagize uruhare mu guhirika ubutegetetsi ndetse bahawe imyanya muri guverinoma y’inzibacyuho bamwe; abandi bahawe izindi nshingano. Minisitiri w’ingabo Col. Sadio Camara, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Col. Malick Diaw, minisitiri w’ubwiyunge, Col. Isma?l Wagu? na Col. Modibo Kon? ushinzwe ubutasi bose bahawe ipeti rya G?n?ral de corps d’arm?e .
Mu gisirikare cya Mali, ipeti rya General ryahawe perezida niryo riruta andi rigakurikirwa na G?n?ral de corps d’arm?e, rikurikirwa na G?n?ral de Division mu gihe naryo rikurikirwa na G?n?ral de Brigade.
Perezida Assimi ayoboye Leta y’Inzibacyuho kuva mu mwaka wa 2021 nyuma yo gukuraho Bah Ndaw wari wagiyeho mu mwaka 2020, ubwo agatsiko k’abasirikare kahirikaga ubutegetsi bwa Ibrahim Boubabacar Keita .


