b90a7560-b556-11ef-b362-951b2ebdc897.jpg.jpg

Perezida wa Syria Bashar Al -Assad yahungiye mu Burusiya

Uwahoze ari Perezida wa Syria, Bashar al-Assad, yahungiye mu Burusiya nyuma yo gukurwaho n’abarwanyi bigometse, bafashe umujyi wa Damascus ku wa Gatandatu. Uburusiya bwemeye kumuha ubuhungiro, nk’uko bitangazwa n’itangazamakuru ryo muri icyo gihugu.

Iyi ntambwe ibaye nyuma y’imyaka 14 y’intambara y’abenegihugu yatangiye mu 2011, ubwo abaturage bigaragambyaga basaba impinduka. Ku Cyumweru, abaturage ibihumbi bamanutse mu mihanda ya Damascus, barasa mu kirere mu buryo bwo kwishimira intsinzi, bafite ibendera ry’iminduramatwara, nk’uko byari bimeze mu minsi ya mbere y’impinduramatwara yiswe Arab Spring.

Amerika iri hirikwa ariko yihanangiriza ku bibazo bishya

Uwahoze ari Perezida wa Amerika Joe Biden yatangaje ko kugwa kwa Assad ari “igikorwa gikomeye cy’ubutabera” kandi ashimira uruhare rwa Amerika n’abafatanyabikorwa bayo mu guca intege abafatanyabikorwa ba Syria, barimo Uburusiya, Iran na Hezbollah. Gusa yagaragaje impungenge z’uko ibi bihe by’umutekano muke bishobora gutera ibibazo bishya mu karere.

Uburusiya bwahise busaba inama yihutirwa ya Loni

Uburusiya bwatangaje ko Assad yavuye muri Syria nyuma y’ibiganiro n’abarwanyi bigometse, aho yemeye ko ubutegetsi busimburana mu mahoro. Dmitry Polyansky, uhagarariye Uburusiya muri Loni, yavuze ko basabye inama yihutirwa y’Akanama ka Loni Gashinzwe Umutekano kugira ngo higwe ku hazaza h’igihugu cya Syria.

Uburyo abarwanyi bateganya kuyobora igihugu
Abu Mohammed al-Golani, umuyobozi w’abarwanyi bakomeye ba Hayat Tahrir al-Sham (HTS), ni umwe mu bafite uruhare rukomeye mu gutegura ahazaza h’igihugu. Golani wahoze muri al-Qaida, yavuze ko aharanira ubworoherane no kubahana hagati y’amadini. Mu rugendo rwe rwa mbere i Damascus, yasuye Umuyyad Mosque, avuga ko kugwa kwa Assad ari “intsinzi y’umuryango wa Islam.”

Gusa HTS igaragara nk’itsinda ritarizerwa n’amahanga, kuko rishyirwa mu rwego rw’imitwe y’iterabwoba na Amerika na Loni. Al-Golani yavuze ko azaharanira ko igihugu kitazongera kuyoborwa nk’uko umuryango wa Assad wabikoraga, anashimangira ko Syria ari iy’abantu bose nta vangura.

Ibibazo bikomeye bishya mu gihugu cyakomeje kugabanywamo Ibice

Abarwanyi bafite akazi gakomeye ko guhuza igihugu kimaze imyaka kirangwamo amakimbirane. Mu majyaruguru, hari intambara ikomeye hagati y’abarwanyi bashyigikiwe na Turukiya n’abakurdi bashyigikiwe na Amerika. Hari kandi umutwe wa Islamic State ukomeza kugaba ibitero mu bice bitandukanye by’igihugu.

Televiziyo y’igihugu cya Syria yanyujije itangazo ry’abarwanyi rivuga ko imfungwa zose zarekuwe kandi basaba abaturage kubungabunga inzego za “leta nshya ya Syria.” Mu mashusho yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga, hagaragaye abagore n’abana barekuwe muri gereza ya Saydnaya, ahavugwa ubwicanyi n’ihohoterwa rikomeye mu myaka yashize.

Umuyobozi w’abarwanyi, Anas Salkhadi, yasabye abanyamadini n’amoko atandukanye kubana mu mahoro. Yavuze ati: “Syria ni iy’abaturage bose, nta vangura. Tuzubaka igihugu gishya cy’ubworoherane n’ubutabera.”

Mu gihe ibi bikorwa bikomeza, isi yose iri gukurikiranira hafi ibizakurikiraho muri Syria, igihugu gishobora kwinjira mu kindi gihe gishya cyangwa kwinjira mu bibazo by’umutekano birushijeho gukomera.b90a7560-b556-11ef-b362-951b2ebdc897.jpg.jpg25b89f1562c103b8c03de50ef8f6f7e9.jpgdownload_5_.webpdownload_4_.webpdownload_3_.webpdownload_2_.webp

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *