Ukainian President Volodymyr Zelensky (C) speaks to the press in the town of Bucha, northwest of the Ukrainian capital Kyiv, on April 4, 2022. Ukraine's President Volodymyr Zelensky said on April 3, 2022 the Russian leadership was responsible for civilian killings in Bucha, outside Kyiv, where bodies were found lying in the street after the town was retaken by the Ukrainian army. (Photo by RONALDO SCHEMIDT / AFP) (Photo by RONALDO SCHEMIDT/AFP via Getty Images)

Perezida Zelensky yemeye ko Ingabo ze ziri Belgorod mu Burusiya

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yemeye ku nshuro ya mbere ko ingabo ze zikorera mu karere ka Belgorod mu Burusiya gahana imbibi na Ukraine.

Kuri uyu wa Mbere ushize yagize ati: “Dukomeje gukora ibikorwa bifatika mu turere duhana imbibi ku butaka bw’abanzi, kandi ibyo ni ukuri rwose, intambara igomba gusubira aho yaturutse.”

Amagambo ye yerekeje no ku karere ka Kursk mu Burusiya, aho Ukraine ikomeje kugira agace gato nyuma y’igitero gikomeye yahagabye umwaka ushize nk’uko iyi nkuru dukesha Euronews ivuga. Kuva icyo gihe Moscou yisubije igice kinini cy’aho hantu.

Zelensky yavuze ko “intego nyamukuru” ari ukurinda uturere two ku mupaka twa Sumy na Kharkiv muri Ukraine, no “koroshya igitutu” ku bindi bice by’umurongo w’urugamba, cyane cyane mu Karere ka Donetsk mu burasirazuba.

Mu kwezi gushize Ingabo z’u Burusiya zavuze ko Ukraine yagerageje kwambuka mu karere ka Belgorod, ariko zivuga ko ibyo bitero byasubijwe inyuma.

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yagabye igitero simusiga muri Ukraine mu 2022, aho kuri ubu Moscou igenzura hafi 20% by’ubutaka bwa Ukraine.

U Burusiya buhakana ibirego bya Amerika n’u Burayi bivuga ko iseta ibirenge ku cyifuzo cya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, cyo guhagarika intambara.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *