Umunya-Serbia, Ljubomir “Ljupko” Petrović wahoze atoza APR FC, ategerejwe i Kigali aho bivugwa ko agomba kongera gutoza iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu.
Uyu mukambwe w’imyaka 76 y’amavuko, azwiho cyane kuba yaratwaranye UEFA Champions league na Crvena zvezda/Red Star Belgrade y’iwabo.
APR FC yayitoje muri 2015, ayigarukamo muri 2018 mbere y’uko batandukana nyuma y’igihe gito kubera uburwayi.
Amakuru avuga ko Petrović nta gihindutse agomba kugera i Kigali muri iki cyumweru; mu rwego rwo gufasha APR FC kwitegura umwaka utaha w’imikino.
Hari amakuru avuga ko uyu mutoza yaba amaze ukwezi kurenga yaramaze gusinyana na APR FC amasezerano yo kuyibera umutoza.
Byitezwe ko agomba kuzana i Kigali n’abatoza bagomba kumwungiriza.
APR FC izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions league izatangira muri Kanama uyu mwaka.
Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu usibye umutoza mushya yamaze kubona, amakuru avuga ko yanamaze gusinyisha abakinnyi bane b’abanyamahanga (amazina yabo ntabwo aramenyekana) bagomba kuyifasha muri iriya mikino.
Ni nyuma y’uko ubuyobozi bwayo bufashe icyemezo cyo gushyira akadomo kuri Politiki yo gukinisha Abanyarwanda gusa bwari bumaranye imyaka 10.


