Kuri uyu wa 9 Kamena 2020 ni bwo Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko Pierre Nkurunziza yitabiye Imana mu Bitaro bya Karuzi azize indwara y’umutima.
Pierre Nkurunziza wavutse tariki ya 18 Ukuboza 1964, yabaye Perezida w’u Burundi kuva mu 2005 kugeza ku itariki ya 8 Kamena yapfiriyeho. Yagombaga kuva ku butegetsi muri Kanama 2020 ubwo yari azaba amaze gusimburwa na Gen. Maj. Evariste Ndayishimiye watsinze amatora yo ku wa 20 Gicurasi.
Kuva Nkurunziza yajya ku butegetsi yaranzwe cyane no gushyira imbere amasengesho, ku buryo byari bigize igice kinini cy’ubuzima bwe bwa politiki, umuryango we ndetse n’ishyaka rya politiki yabagamo rya CNDD-FDD.
Pierre Nkurunziza n’umuryango we urimo Denise Nkurunziza bateguraga amasengesho ngarukamwaka ashimira Imana kuba yarabarinze mu mwaka urangiye, bakayiragiza uwundi mwaka.
Ibikorwa bitandukanye byaberaga mu muryango we, mu ishyaka ndetse no ku rwego rw’igihugu, byatangizwaga n’isengesho. Urugero rwa hafi ni kuri tariki ya 25 Gicurasi 2020, ubwo Komisiyo y’Igihugu ishinzwe amatora yari igiye gutangaza ibyavuye mu matora by’agateganyo. Isengesho ryari ku mwanya w’imbere muri gahunda.
Muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19, Pierre Nkurunziza yahamije ko Imana yonyine ari yo ifite ububasha bwo kugikuraho, ibyo abantu bose bakora batayiragije, ntacyo byatanga. Yabitangaje tariki ya 1 Gicurasi 2020, ku Munsi Mpuzamahanga w’Abakozi.
Gusa n’ubwo yabigenje atyo muri politiki ye y’imyaka 15 yari amaze ku butegetsi, hari abasesengura bakabona ko amasengesho kuri we yari afite ishingiro bitewe n’ubuzima Abarundi banyuzemo mu bihe byatambutse burimo ubwicanyi bushingiye ku moko bwabaye mu gihugu cyabo kuva mu 1962 babonaga ubwigenge kugeza mu 2005 ubwo Pierre Nkurunziza yarahiriraga kuyobora u Burundi. Intambara y’amoko bivugwa ko yaguyemo abarenga 300,000.
Ku rundi ruhande, amasengesho menshi ya Pierre Nkurunziza babona yaraterwaga no kutizera ubushobozi bwe ndetse bikaba byarabaye impamvu yo kudafata ingamba zimwe na zimwe zagombaga kugeza abaturage ku iterambere riruseho. Impamvu ya mbere bashingiraho ni ukuba atarigeze ashyiraho gahunda ya ‘Guma mu Rugo’ mu buryo bwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.
Uyu munyacyubahiro azibukirwa ku bindi birimo kuba yarakundaga imyitozo ngoraramubiri nko gukina umupira w’amaguru, ubuhinzi, umuryango we n’ishyaka rya CNDD-FDD, abenshi mu Barundi bakavuga ko yakundaga igihugu cyabo.
Nkurunziza kandi yakorewe ihirikwa ku butegetsi bwe, yongera kubwisubiza. Iri hirika ryayobowe na Gen. Maj. Godefroid Niyombare tariki ya 13 Gicurasi 2015, ubwo we yari yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu muri Tanzania. Kuva yabwisubiza, Nkurunziza yageze mu Burundi ntiyongera kujya mu mahanga mu buryo buzwi kugeza ubwo yapfiriye.
Imvururu zabaye mu 2015 ubwo yari yatangaje ko yiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu zatumye ibihumbi by’Abarundi bihungira mu mahanga yiganjemo ibihugu by’ibituranyi. Abenshi muri bo biganjemo ababaga mu nkambi zitandukanye zo muri Tanzania basubiye mu gihugu cyabo, bitegura gutora Perezida mushya nk’uko Pierre Nkurunziza ubwe yabibahamagariye.
Pierre Nkurunziza ni we wa mbere mu Burundi wari ugiye kuba Umuyobozi w’Ikirenga nk’uko byemejwe n’Inteko ishinga amategeko. Uyu mwanya ntusanzwe mu bihugu byinshi kuko wumvikana mu bihugu nka Iran na Qatar.
Aya ni amafoto agaragaza bimwe mu bikorwa Nkurunziza yakwibukirwaho
Hari tariki ya 1 Gicurasi 2020 ku Munsi Mpuzamahanga w’Umurimo, Pierre Nkurunziza aha umukobwa we w’imyaka 12 y’amavuko, Nkurunziza Dorcas ishimwe nk’umukozi mwiza. Yabikoze atanga urugero rw’uko ushaka guhemba uwakoze neza wahera mu muryango.
Yakundaga umupira w’amaguru ndetse yari yarashinze n’ikipe ya Alleluia FC yakinagamo yari igizwe n’abakiniye ikipe y’igihugu bamaze gusezera ku mupira w’amaguru mu buryo bw’umwuga.
Iyi foto yafashwe muri Werurwe 2019 ubwo Pierre Nkurunziza yari amaze gushimira ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, ‘Intambakurugamba; yabonye itike yo kwitabira irushanwa ry’Afurika ry’Ibihugu, CAN, ku nshuro ya mbere.
Muri Mutarama 2019, Pierre Nkurunziza yitabiriye igikorwa cy’ubuhinzi hamwe n’abaturage yari ayoboye. Yagize ati: “Imana yaduhaye Isi yera n’ibihe byiza. Ahasigaye ni ahacu Abarundi, dukure amaboko mu mifuka, duhinge kandi tworore.”
Muri Mutarama 2018, Nkurunziza yahuye n’abo biganye mu bihe bya mbere, barasabana. Yagize ati: “Twabanye mu bihe bitandukanye, dufashanya muri byinshi. Ni wo murage twifuza gusigira abana bacu, bazirikane ko naho intangiriro z’umuntu zaba ntoya, Imana ntaho itamugeza.”
Nkurunziza mu masengesho yo gusoza umwaka wa 2019 yabaye tariki ya 31 Ukuboza. Yaranzwe no gushima Imana yarinze Abarundi umwaka wose.
Pierre Nkurunziza mu masengesho yo muri Kanama 2018, ubwo yashimiraga Imana yabaye mu ruhande rw’u Burundi.
Denise Bucumi na Pierre Nkurunziza mu isengesho ngarumwaka riba mu mpera z’umwaka. Ritegurwa na Denise rikarangwa no gushimira Imana umwaka urangiye, bakayiragiza undi.
Muri Gicurasi 2020, Pierre Nkurunziza yifatanyije na Gen. Maj. bikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu.


