Rayon Sports yanizwe na Marines FC, yuzuza umukino wa 5 wikurikiranya idatsinda

Ikipe ya Rayon Sports yatsikiye i Rubavu ihatakariza amanota abiri, nyuma yo kugwa miswi na Marines ibitego 2-2.

Iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda yari yasuye Marines FC kuri Stade Umuganda, mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa kane wa shampiyona.

Ni Marines yaherukaga guhagama APR FC, banganyiriza i Rubavu ibitego 2-2.

Umunota wa gatatu w’umukino wari uhagije ngo Rayon Sports ifungure amazamu ibifashijwemo na Youssef Rharb wari uhawe umupira na Héritier Luvumbu.

Marines FC yishyuye iki gitego ku munota wa 18 w’umukino biciye kuri Tuyishime Bénjamin.

Rayon Sports yongeye kuyobora umukino ku munota wa 25 w’umukino biciye kuri Joackiam Ojera wari ucomekewe umupira mwiza na Luvumbu.

Ni ku mupira uyu munye-Congo yari yiherewe n’umunyezamu Tuyizere Jean Luc wari uhannye ikosa, nyuma y’uko Charles Baale yari amaze gutsinda igitego gusa umusifuzi akemeza ko yari yabanje kurarira.

Iminota 45 y’uyu mukino yaranzwe no gusatirana ku mpande zombi yarangiye Rayon Sports iri imbere n’ibitego 2-1.

Igice cya kabiri cy’umukino cyaranzwe n’igitutu cyinshi ku ruhande rwa Marines FC yacyinjiranyemo gahunda yo kwishyura igitego cya kabiri yari yatsinzwe.

Nyuma yo kwisirisimba kenshi imbere y’izamu rya Rayon Sports, byasabye umunota wa 85 w’umukino ngo iyi kipe y’umutoza Yves Rwasamanzi igombore biciye kuri Gitego Arthur, ku ishoti riremereye yarekuriye inyuma gato y’urubuga rw’amahina bikarangira umupira uruhukiye mu ncundura z’izamu rya Hategekimana Bonheur.

Kunganya na Marines FC byatumye Rayon Sports y’umutoza Yamen Zelfani yuzuza umukino wa gatanu wikurikiranya itazi uko gutsinda bimera.

Mbere y’umukino wo kuri uyu wa Gatandatu iyi kipe yari yaraguye miswi na Al Hilal Benghazi muri CAF Champions league, ndetse yari yarananganyije na Gorilla FC 0-0 mbere yo kongera kugwa miswi n’Amagaju igitego 1-1.

Rayon Sports kuri ubu ifite amanota atandatu mu mikino ine ya shampiyona imaze gukina, iheruka intsinzi ubwo yatsindaga Gasogi United ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *