Ikipe ya Rayon Sports yikomye umunyamakuru Rugaju Reagan ukorera Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), imushinja gutangaza ibinyoma by’uko myugariro Serumogo Ally Omar yatandukanye na yo agurishijwe.
Rugaju mu kiganiro ‘Urubuga rw’Imikono’ cyabaye ku wa Kane tariki ya 12 Gashyantare, yavuze ko Serumogo yatandukanye na Rayon Sports asheshe amasezerano yari afitanye na yo kugira ngo byitwe ko yagendeye ubuntu, nyamara hari “umunyamakuru ukorera kuri Radiyo ikorera mu Kabuga ka Nyarutarama wambwiye ko yishyuwe.”
Uyu munyamakuru wasobanuraga impamvu zatumye Ngabo Roben wahoze ashinzwe itangazamakuru n’itumanaho muri Rayon Sports atandukana na yo, yashimangiye ko bitumvikana Uko Shabani Hussein ‘Tshabalala’ wahoze akinira Musanze FC yaba yaraguzwe Frw miliyoni 22, hanyuma ngo Serumogo muto mu myaka kuri we agendere ubuntu.
Amakuru avuga ko Serumogo yaba yaraguzwe mu ibanga $ 10,000 (hafi Frw miliyoni 15).
Rayon Sports mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu, yamaganye ibyatangajwe na Rugaju, ivuga ko ari ibinyoma.
Iti: “Ubuyobozi bw’Umuryango Rayon Sports buramenyesha abakunzi bawo n’abanyarwanda muri rusange ko bwamaganye amakuru y’ibinyoma yatanganjwe n’umunyamakuru wa Radio Rwanda, Rugaju Reagan, mu kiganiro ‘Urubuga rw’Imikono’ cyatambutse ku wa 12 Gashyantare 2026 ko habaye uburiganya mu igenda ry’umukinnyi Serumogo Ali.”
Yakomeje igira iti: “Nkuko ubuyobozi bwabisobanuye mu kiganiro cyatanzwe kuri RBA mu rubuga rw’imikino; nkuko kandi umukinnyi Serumogo Ali we ubwe yabyitangarije mu kiganiro yagiranye na B&B Kigali; ubuyobozi burongera gushimangira ko igenda rya Serumogo ryakozwe ku bwumvikane bw’impande zombi kandi bikorwa mu mucyo.”
Rayon Sports yaboneyeho gusaba itangazamakuru muri rusange “gutangaza amakuru y’ukuri afite gihamya kandi atagamije guteza umwiryane mu muryango wa Rayon Sports.”
Iyo kipe yaboneyeho kandi gusaba abakunzi bayo kudaha agaciro “amakuru y’ibihuha agamije gusenyera ibikorwa byiza umuryango ugeraho”.
Yabijeje kandi ko izakomeza gukorera mu mucyo kandi kinyamwuga.


