c1685200-8081-11ee-8055-0d96a10b316d.jpg

RDC: Abantu 8 biciwe mu mirwano ya FARDC n’abaharanira ubwigenge bwa Katanga

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 11 Mutarama, abantu umunani bapfuye abandi benshi barakomereka mu mirwano, hagati y’abarwanyi bo mu mutwe wa Bakata Katanga n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) i Bukama, Intara ya Haut-Lomami.

Nk’uko umuyobozi w’agateganyo wa teritwari abitangaza, ngo abakomerekejwe n’amasasu basaba kwimurirwa mu bigo nderabuzima bifite ibikoresho bihagije kugira ngo bavurwe neza.

Madou Kalenga yasobanuye ko hari haje ingabo na FARDC zo kongerera ingufu bagenzi babo mbere yo kugwa mu gico nk’uko inkuru dukesha Radio Okapi ivuga.

Yabisobanuye agira ati: “Twari dutegereje ko babaha icyubahiro, ariko mu buryo butunguranye, twumvise urusaku rw’amasasu. Ndetse natwe, abayobozi, ntitwari tuzi ibyo ari byo. Twaganiriye n’abayobozi babo, batumenyesha ko bagabweho igitero n’abantu bavuga ko ari Bakata Katanga. Habaye imirwano, bituma hapfa abarwanyi batandatu ba Bakata Katanga n’abasivili babiri bishwe n’amasasu yazimiye.”

Ubuyobozi bwa gisivili bwagaragaje kandi ko abandi bantu umunani bakomeretse bamaze kwinjira mu bitaro. Madou Kalenga yongeye gusaba leta z’intara ndetse n’igihugu gutanga ubufasha ku bakomeretse.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *