Abapolisi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bafi bafite intwaro zihagije barashe kuri Minisitiri w’ibikorwaremezo n’imirimo rusange, Alexis Gisaro Muvunyi n’itsinda ry’abo bari kumwe.
Aya makuru amaze gutangarizwa kuri Twitter na Minisiteri Gisaro ayoboye. Igize iti: “Ubwo yageraga hasi, abapolisi bari bafite intwaro zihagije barashe kuri Minisitiri ushinzwe ITP, Alexis Gisaro n’itsinda rye. Minisitiri ntabwo ari kuboneka kandi hari abakomeretse.”
Minisitiri ushinzwe itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya wemeza aya makuru, yavuze ko yavuganye na Gisaro amubwira ko ameze neza, kandi ko abapolisi boherejwe gutabara. Ati: “Navuganye na mugenzi wanjye Alexis Gisaro. Ameze neza kandi nta ngaruka zamugezeho ku mubiri. Itsinda rya polisi rishinzwe ubutabazi ryahageze. Ikibazo kirimo gukurikiranirwa hafi.”
Hari abavuga ko iki gitero kuri Minisitiri Gisaro cyaba cyamugambiriye kubera ko akomoka mu bwoko bw’Abanyamulenge, bagisanisha n’urupfu rwa Major Kaminzobe uhrutse kwicwa, agatwikwa, akaribwa n’abagizi ba nabi.


