RDC: Abashinwa 3 birukanwe ku butaka bwa Congo undi aburirwa irengero

Ku wa Gatanu ushize, itariki ya 14 Mutarama 2022, Abashinwa batatu muri bane birukanwe n’ubuyobozi bukuru bw’abinjira n’abasohoka (DGM), bufite icyicaro i Lubumbashi, ku butaka bw’igihugu cya Reopubulika ya Demokarasi ya Congo.

Nk’uko byatangajwe na serivisi ishinzwe itumanaho ya DGM ivugana na 7SUR7.CD kuri iki cyumweru, itariki ya 16 Mutarama 2022, aba Bashinwa basubijwe iwabo kubera ko bageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Luano i Lubumbashi nta byangombwa bibemerera kwinjira mu gihugu bafite.

Byatangajwe ko ibi babifashijwemo n’Umunyekongo hamwe n’abandi Bashinwa baba i Lubumbashi.

Ati: “Ubuyobozi bukuru bwa DGM bwategetse umuyobozi w’intara ya Haut-Katanga kwirukana abo Bashinwa ku butaka bw’igihugu bidatinze. Batatu muri aba Bashinwa bane bamaze umunsi wo ku wa gatanu, 14 Mutarama 2022, bari kumwe buzuza ibyaangombwa byo kugenda. Viza zabo zo kuguma muri RDC zarahagaritswe n’inyandikomvugo zo kubishyigikira”.

Iyi nkuru iributsa ko aba Bashinwa binjiye mu ndege ya Ethiopian Airlines ahagana mu ma saa yine z’ijoro ku wa Gatanu kugira ngo basubire iwabo. Umushinwa wa kane yaburiwe irengero arimo gushakishwa na DGM hamwe n’abandi Banyekongo baborohereje kwinjira ku butaka bwa Congo bazahanwa hakurikijwe amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nk’uko isoza ivuga.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *