Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa kabiri, itariki 28 Ugushyingo cyigaruriye agace ka Kilembwe kari kamaze icyumweru mu maboko y’imutwe ya Mai-Mai Yakutumba na Mai-Mai Malaika.
Amakuru aturuka mu gisirikare aravuga ko ku Cyumweru bari babanje kwigarurira bitabaruhije umuhanda uhuza agace ka Lulimba na Kilembwe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Naho mu ijoro ryo kuwa Mbere rishyira kuri uyu wa Kabiri, Gen Bwange Safari Gustave wayoboye iki gikorwa, ngo yakiriwe n’abaturage mu byishimo kubera iyo ntsinzi nk’uko Radio Okapi ivuga.
Amakuru ava mu gisirikare akaba akomeza avuga ko igisirikare kitigeze gihura n’abakirwanya kuva ahitwa Lulimba aho cyari cyahungiye nyuma yo gukurwa mu birindiro byacyo muri Kilembwe.
Biravugwa ko inyeshyamba mbere yo kugenda zabanje gutwika ibiturage birimo igiturage cya Mabunga na Tulungu ndetse ngo zikaba zanataye imbunda yo mu bwoko bwa AK-47.
Amakuru atangazwa na sosiyete sivile yo muri aka gace ariko arakomeza avuga ko hari abaturage bo muri Kilembwe bakihishe batinya kugirirwa nabi n’ingabo za leta zishinja bamwe muri bo gukorana n’inyeshyamba.
Bikaba bivugwa ko abaturage babiri baba bamaze kwicwa kuva ku Cyumweru bahitanywe n’abasirikare ahitwa Nyange na Namisha.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


