RDC ikwiye gushyikirana na M23_Perezida Museveni

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yongeye gushimangira ko ari ngombwa ko Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igirana imishyikirano n’umutwe wa M23; kugira ngo amahoro agaruke mu burasirazuba bwa kiriya gihugu.

Museveni yabishimangiye mu cyumweru gishize, ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanditsi bakuru ndetse n’abahagarariye ibitangazamakuru bitandukanye muri Uganda.

Kuri ubu M23 imaze igihe kirekire yubuye imirwano n’Ingabo za Congo Kinshasa (FARDC), gusa iyo mirwano yarushijeho gufata indi ntera kuva muri Gicurasi uyu mwaka.

Museveni yavuze kuri ubu mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa habarurwa imitwe yitwaje intwaro isaga 120, imitwe avuga ko yavutse kubera ko muri Congo “nta buyobozi buhari” bufite ubushobozi bwo kuyihashya.

Perezida wa Uganda yunzemo ko M23 iri muri iyo mitwe myinshi, ibisobanura ko atari yo yonyine kibazo ku banye-Congo nk’uko Leta ya Kinshasa imaze igihe ibitangaza.

Ati: “Kuri M23, ni bamwe mu bagize indi mitwe y’abanye-Congo. Hari M23, Mai-Mai, CODECO… Iyi mitwe yose igomba kuganirizwa.”

Inama y’abakuru b’ibihugu by’akarere yateraniye i Luanda muri Angola mu kwezi gushize, yasize M23 isabwe guhagarika imirwano n’Ingabo za Congo Kinshasa ndetse ikava mu bice byose imaze igihe yarigaruriye.

Imitwe ikomoka hanze ya Congo nka FDLR igizwe n’abasize bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ADF yo muri Uganda na Red-Tabara y’i Burundi na yo yasabwe kurambika intwaro nta mananiza; hanyuma igataha mu bihugu ikomokamo.

M23 ku itariki ya 22 Ukuboza 2022 yatangaje ko ivuye mu gace ka Kibumba yari umaze igihe igenzura, icyemezo yatangaje ko yafashe “mu izina ryo guharanira amahoro.”

Museveni cyakora cyo abona n’ubwo M23 yatangiye kubahiriza ibyo yasabwe, imitwe yindi ikomoka hanze ya RDC yo itazubahiriza ibyo yasabwe. Avuga ko hakenewe kuyishyiraho imbaraga kugira ngo ibashe kuva ku butaka bwa Congo.

Ati: “Imitwe nka ADF ntabwo izagaruka mu mahoro. Tuzayishyiraho imbaraga.”

Perezida Museveni asa n’ukomoza kuri Operation Shujaa Ingabo za Uganda zimazemo umwaka zihiga ADF mu mashyamba ya Congo, yavuze ko kubera ko Ingabo za Uganda zashegeshe uriya mutwe ari yo mpamvu mu minsi ishize abarwanyi bawo bagerageje kugaruka muri Uganda binjiriye ahitwa Ntoroko.

Yunzemo ati: “Mwabonye ibyababayeho, bose twarabahanaguye.”

Museveni yasabye ko Leta ya Congo yaganiriza imitwe ikomoka hanze y’iki gihugu ikayumvisha ko igomba gutaha iwabo mu mahoro, hanyuma abayigize babyanga hakitabazwa imbaraga za gisirikare.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *