Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 26 Kanama, ku muhanda wa 17, hagati y’imidugudu ya Tubakita na Limete, muri Teritwari ya Kwamouth mu Ntara ya Maï-Ndombe, mu burengerazuba bwa Congo, biravugwa ko abarwanyi bane b’umutwe witwara gisirikare wa Mobondo biciwe mu mirwano yabahuje na FARDC.
Nk’uko Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare aho, Capt. Antony Mualushayi abitangaza, ngo izo nyeshyamba zari zabanje gutega igico, cyakorewemo ubwicanyi, ikamyo yerekezaga Kwamouth iturutse i Kinshasa.
Ati: “Inyeshyamba za Mobondo zateze ikamyo y’abasivili, bahitana abantu babiri barimo umushoferi n’umusirikare wari mu nzira yerekeza aho umutwe akoreramo uri. Abandi bagenzi babiri bakomeretse bashoboye gutoroka.”
Yongeyeho ko Ingabo za FARDC zikorera mu Mudugudu wa Kinsele zabimenyeshejwe zihita zitabara nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga.
Bahise batangira igikorwa cyo gushakisha izo nyeshyamba cyatumye bane muri zo bahasiga ubuzima.
Capt. Mualushayi yongeyeho ko ibikorwa byo gutekanisha ako gace bikomeje, kandi ko FARDC yiyemeje gukurikirana ubutaruhuka inyeshyamba zose za Mobondo zanze kubahiriza amabwiriza agenga izindi nyeshyamba zibarizwa mu kiswe “Réserve armée de la défense (RAD)” wagereranya n’inkeragutabara.


