RDC:Imvura idasanzwe yahitanye abarenga 20 harimo 10 bo mu muryango umwe

Imvura nyinshi y’igikatu yibasiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihitana ubuzima bw’abarenga 20 abandi barakomereka.

Ni imvura yibasiye by’umwihariko akarere ka Kananga mu ntara ya Kasai aho yahitanye ubuzima bw’abantu isenya n’inzu nyinshi, mu gihe ibikorwa byo gutabara bigikajije umurego mu gushakisha niba hari abarokotse.

Guverineri Kabeya w’iyi ntara yavuze ko urukuta rwagwiriye abantu 10 bo mu muryango umwe i Bikuku bahasiga ubuzima. Iyi mvura yateje inkangu ku cyumweru mu Burasirazuba bwa Congo, yahitanye abantu bane abandi bagera kuri 20 baburirwa irengero.

Muri Gicurasi, abantu barenga 400 bapfuye bazize umwuzure n’inkangu byatewe n’imvura idasanzwe yaraye igwa mu Burasirazuba bwa Congo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ni mu gihe no hagana y’igitondo, Sosiyete sivile, yatangaje ko hari abandi bapfuye 6 i Bukavu gusa umubare urakomeza kwiyongera.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *