bitmap_1200_nocrop_1_1_20241207025311932247_GeIJdgfWsAAbzr0

RDC: Intumwa za leta na AFC/M23 zirasubira i Doha mu cyumweru kiri imbere

Abahagarariye Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) na AFC/M23 bazasubira i Doha, muri Qatar, mu minsi umunani (8) iri imbere, mu rwego rwo kwitegura gushyira umukono ku masezerano y’amahoro nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 21 Nyakanga 2025, na Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano ubwo yaganiraga n’abanyamakuru.

Yagize ati: “Mu minsi umunani (8), abahagarariye DRC na M23-AFC bazasubira i Doha. Niba byose bigenze neza, amasezerano y’amahoro ashobora gusinywa mu mezi ari imbere.”

Yongeyeho ati: “Dutegereje gushyira umukono ku masezerano y’amahoro hagati ya DRC n’ihuriro rya M23-AFC. Habayeho imishyikirano ku rwego rw’akarere ndetse n’umugabane wa Afurika yatumye hafatwa ibyemezo bimwe na bimwe, ariko bitashoboye guhagarika neza amakimbirane ngo bitugeze ku guhagarika intambara”.

Minisitiri w’umutekano yakomeje avuga ko ikibazo cy’umutekano kimaze imyaka mirongo itatu muri DRC cyasobanuwe neza, kandi cyumvikana neza mu bijyanye n’abafatanyabikorwa batandukanye nk’uko iyi nkuru dukesha mediacongo.net ivuga.

Ati: “Ibiganiro bibera i Doha ntabwo ari igikorwa cyihariye. Muri Werurwe, i Doha habaye inama hagati ya Perezida Félix Tshisekedi na Perezida Kagame. Ibyo byakurikiwe muri Mata no gusinya itangazo hagati y’abahagarariye guverinoma ya DRC n’ihuriro rya AFC/M23”.

Nk’uko Minisitiri w’intebe wungirije abitangaza, ngo hamwe n’itangazwa ry’amahame, ubwunzi bwatumye impande zombi zishimangira iki cyifuzo cyo kwemeza ko ibyo biyemeje muri Mata bizubahirizwa.

Jacquemain Shabani yabishimangiye agira ati: “Mu ntangiriro byari biteganijwe ko ingamba zo kubaka icyizere zizafatwa nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y’amahame. Ariko ku bijyanye n’ibishoboka, iyi yagaragaye ko ari imyitozo itoroshye yo gushyira mu bikorwa. Ni yo mpamvu abunzi bahisemo ko tubibona nk’ihame rusange rizashyiraho amasezerano y’amahoro azashyirwaho umukono vuba”.

Yatangaje kandi ko hazaba inama ikomeye y’impande eshatu hagati ya UNHCR, DRC, n’u Rwanda kugira ngo baganire ikibazo cy’imicungire y’impunzi ku mpande zombi z’umupaka.

Patrick Muyaya, Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, we yasabye Abanyekongo gusoma neza ibikubiye mu masezerano mu buryo bwuzuye kandi bakabisobanurira abaturage.

Yahamagariye kandi abanyamakuru kugira uruhare rwabo byuzuye nk’ubutegetsi bwa kane no kwirinda gukwirakwiza ibivugww n’umwanzi, cyane cyane bitagenzuwe.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *