Inyeshyamba M23 zafashe imijyi ya Lukopfu, Kisuma, Bufaransa muri Teritwari ya Masisi, ho muri Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’imirwano ikaze zihanganye n’imitwe yitwaje intwaro ishyigikiye leta izwi ku izina rya Wazalendo.
Nk’uko amakuru aturuka aho abitangaza, iyi mirwano yahitanye abantu 3 abandi barenga 20 barakomereka. Iyi ni imibare y’agateganyo ishobora kuzamuka nkuko bitangazwa na sosiyete sivile.
Umujyi munini wa Kaniro ukomeje kugenzurwa n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Wazalendo. Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ngo ibintu byari byifashe neza muri ako gace nkuko amakuru agera kuri Kivu Morning Post abitangaza.
Biravugwa ko abaturage benshi bahunze berekeza Kaniro na Katale.
Na none kandi, ngo ubu inyeshyamba za M23 zirihuta zerekeza muri centre ya Masisi nyuma yo kwigarurira imidugudu myinshi muri Teritwari ya Masisi. Ni nyuma kandi yo kwigarurira agace kanini ko mu mujyi wa Kikuvo muri Teritwari ya Lubero.


