Gs4GQNDasAAxyZJ

RDC irashinja u Rwanda kurenga ku ngingo ya 34 y’amahame agenga CEEAC

Kuri iki Cyumweru, Repubulika ya Demokarasi ya Congo yagaragaje impungenge zayo ku cyerekezo ibona ko giteye impungenge: cyo “kuva mu masezerano cyangwa kwitambika inzira y’ibiganiro mu gihe hagize ibisabwa kubazwa.” Iki gihugu kandi nyuma yo kwitambika u Rwanda ku buyobozi bwa CEEAS cyanashinje u Rwanda kurenga ku ngingo ya 34 y’amasezerano y’uyu muryango.

Kinshasa yizera ko iyi myifatire, “yihanganiye igihe kirekire,” yatumye “amasezerano adakurikiranwa, bityo akaba ataramba.” Guverinoma ya Congo yatangaje ibi kubera ko u Rwanda rwavuye mu Muryango w’Ubukungu w’ibihugu byo muri Afurika yo Hagati (ECCAS).

DRC yongeye gushimangira ko amakimbirane ifitanye n’u Rwanda yongerewe ingufu “n’ibikorwa by’ubushotoranyi byamaganwe, cyane cyane mu mwanzuro wa 2773 w’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano, usaba ko Ingabo z’u Rwanda zahita zihava (muri Congo).” Iri tangazo ryashimangiye ko ibyo bikorwa binanyuranyije n’ingingo ya 34 y’amasezerano yavuguruwe ya CEEAC, abuza gukoresha ingufu hagati y’ibihugu bigize uyu muryango.

“Amategeko akoreshwa mu buryo bwuzuye cyangwa agatakaza imbaraga zose,” ibi byatangajwe na Kinshasa, yemeza ko ikomeje gushyigikira inzira zo gushaka amahoro zikomeje kuyoborwa n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Qatar na Amerika.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Congo ishimangira ko: “Kugira uruhare mu nzira y’amahoro ntibisobanura guhanagura ibyahise cyangwa gutanga ubudahangarwa ku byaha bikomeye.” Irahamagarira inzego z’akarere ndetse n’amahanga “gushimangira, binyuze mu bikorwa bifatika, ibyo biyemeje byo kubahiriza amategeko, inshingano n’ubusugire bw’ibihugu.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *