Gen. (Rtd) David Sejusa Tinyefuza wahoze mu ngabo za Uganda, yagaragaje ko igikorwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakoze cyo kwica Lt. Col Willy Ngoma wa AFC/M23, kigize kwica mu buryo bukomeye amategeko y’intambara.
Ku wa Kabiri w’iki cyumweru ni bwo Willy Ngoma wari umuvugizi w’igisirikare cy’umutwe wa AFC/M23 n’abandi bantu bari kumwe na we, biciwe mu gitero cya drone bagabweho mu gace ka Rubaya.
Iki gutero cyabaye mu gihe ku wa 18 Gashyantare Kinshasa na AFC/M23 bakabaye baratangiye kubahiriza agahenge kifujwe na Perezida João Lourenço wa Angola.
AFC/M23 imaze igihe ishinja leta ya Kinshasa kuba ikomeje kwica amasezerano yo gutanga agahenge bagiye bumvikana, arimo n’ayo impande zombi zagezeho mu biganiro bya Doha bizihuza.
Gen. David Sejusa abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yasobanuye ko bitemewe kwica cyangwa gufata mpiri abasirikare b’uwo muhanganye mu gihe cy’agahenge.
Ati: “Amategeko y’intambara abuza mu buryo bweruye ibikorwa by’ubugizi bwa nabi mu gihe cy’agahenge. Ibyo birimo kwica, kugaba ibitero cyangwa gufata abasirikare b’umwanzi. Aya mategeko anagena kandi ko kutaryaryana ari inkingi ya mwamba y’agahenge.”
Sejusa avuga ko kuba Leta ya RDC iheruka kwica Willy Ngoma n’abo bari kumwe, yakoze amakosa akomeye.
Ati: “Ibyo RDC n’abayishyigikiye bakoze bifatwa nko kwica mu buryo bukomeye ku amategeko mpuzamahanga agenga intambara. Ku bw’iyo mpamvu, kwicwa kw’abo ba ‘commanders’ ntikwafatwa nko kwicwa mu mirwano isanzwe, ahubwo ni igikorwa cyo kwica umuntu byateguwe.”
Sejusa avuga ko M23 nyuma yo kwicirwa abantu kuri ubu yemerewe “guhita yihimura hatitawe ku masezerano y’agahenge”.
Avuga kandi ko uyu mutwe ubu wemerewe gukaza intambara biciye mu kwigarurira uturere twose no gukora ubukangurambaga bwuzuye bw’intambara.
Avuga kandi ko nyuma y’urupfu rwa Willy Ngoma, M23 nk’uruhande rwahohotewe igomba gukurikirana mu nkiko abarugizemo uruhare bakaryozwa ibyaha by’intambara, hashingiwe ku mategeko agenga intambara.


