IMG-20250218-WA0409-1920x1456

RDC: Leta irahakana ibirego byo kwibasira ba ofisiye bavuga Igiswahili muri FARDC

Nta gukurikirana kwihariye kwatangijwe kuri ba ofisiye ba FARDC bakomoka mu gice gikoresha Igiswahiri, bitandukanye n’ibivugwa ku mbuga nkoranyambaga nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ku bijyanye n’ibi birego mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa Mbere.

Patrick Muyaya ahubwo yamaganye icyo yise “gushaka kubiba nkana amacakubiri” mu baturage ba Congo.

Icyakora, yashimangiye ko kuba uri ofisiye uvuga Igiswahiri bitavuga ko byabuza umuntu gukurikiranwa bibaye ngombwa.

Ati: “Hariho kugerageza nkana kubiba amacakubiri, kugira ngo abantu bemere ko hari ugukurikiranwa kwihariye kuri ba ofisiye bavuga ururimi rw’Igiswahiri. Ariko, mumbabarire, kuba bavuga Igiswahiri ntibisonera umuntu gukurikiranwa mu gihe ibintu bitakozwe nk’uko byari bikwiye. Hano, turavuga ku ngabo; muzi uburyo ibibazo bya gisirikare bihangayikisha Perezida wa Repubulika ku rwego rwo hejuru?”

Byongeye kandi, Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru yasabye buri wese kwirinda ubu bwoko bw’amagambo y’ivangura.

Patrick Muyaya yagize ati: “Nifuzaga ko mwese mwabihagurukiye nkatwe mu rwego rw’uyu muryango ukunda igihugu dufatanyiriza hamwe gukumira ko ayo magambo avangura abaho kuko ari byo umwanzi ashakisha uko byagenda kose kugira ngo adutandukanye, kugira ngo yemeze ko hari ibibazo mu baturage.”

Muri iyi ntambara yaranzwe no kwigarurira ibice byinshi mu burasirazuba bwa DRC kw’Ingabo za M23 / AFC, abantu bamwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu bashinje guverinoma kwibasira ba ofisiye bakuru ba FARDC bavuga Igiswahiri, aho bivugwa ko kugeza ubu abajenerali 29 muri bo bamaze gutabwa muri yombi.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *