palais-du-peuple

RDC: Leta yabujije imyigaragambyo ku nteko ishinga amategeko

Abayobozi b’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo babujije guterana cyangwa imyigaragambyo yose ku ngoro y’inteko (Palais du peuple), guhera ku itariki ya 1 Mutarama 2026.

Akurikije amabwiriza ya Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Aimé Boji Sangara, umunyamabanga mukuru w’inteko ishinga amategeko yamenyesheje abaturage ati: “guhera ubu, imyigaragambyo no guterana kose birabujijwe mu mbuga y’ingoro y’abaturage.”

Umunyamabanga mukuru asobanura ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amabwiriza akubiye mu ibaruwa yanditswe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, yo ku itariki ya 29 Ukuboza 2025.

Nk’uko bigaragara muri iyo nyandiko, iki cyemezo kigamije “kubungabunga imiterere yo kutagira aho ibogamiye kandi yo kutavogerwa y’ahakorera Inteko ishinga amategeko.”

Aha hantu hagiye habera imvururu za politiki zitigeze zibaho mu myaka itari myinshi ishize. Nk’urugero, iki cyemezo kije nyuma y’imvururu zavutsemo urugomo mu nteko mu ntangiriro za Kanama 2024.

Imvururu zadutse hirya no hino mu nyubako z’inteko ishinga amategeko i Kinshasa, hagati y’abarwanashyaka, cyane cyane abo mu ishyaka riri ku butegetsi, UDPS), hagati yabo kubera amakimbirane ajyanye no gushyiraho Inteko ishinga amategeko nshya no gushyiraho abayobozi bayo.

Ku itariki ya 6 Kanama 2024, ibintu byaje gufata intera. Habaye gutera amabuye n’ibikorwa byo kwangiza, bituma Polisi y’Igihugu cya Congo itatanya abigaragambya ikoresheje kubakangisha amasasu.

Abantu benshi barakomeretse, kandi ibintu byinshi birangizwa ku nteko ishinga amategeko.

Mu minsi yakurikiyeho, abashinzwe umutekano bafashe abantu benshi, abapolisi bagaragaza abantu barenga 200 nk’abakekwaho kuba ari bo bagize uruhare mu mvururu.

Ku itariki ya 10 Kanama 2024, Perezida Félix Tshisekedi yamaganye ku mugaragaro izo mvururu, avuga ko ari igikorwa kinyuranyije n’amategeko, anemeza ko ababikoze bazabibazwa imbere y’inkiko.

Ku itariki ya 14 Kanama 2024, Urukiko Rwisumbuye rwa Kinshasa / Gombe rwaburanishije abantu 41 bakekwaho kuba bagize “Force of Progress”, umuryango w’urubyiruko ufitanye isano n’ishyaka UDPS, bakurikiranweho icyaha cy’ubugambanyi no kwangiza umutungo wa leta.

Hagati muri Kanama, urukiko rwatangaje ko rudafite ubushobozi bwo kuburanisha abaregwa batanu bato  bagize uruhare mu byabaye, bohereza imanza zabo mu nkiko zibishinzwe.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *