RDC: M23 iravuga ko yenda gufata Sake nyuma yo gusubiza inyuma FARDC muri Masisi

Umutwe wa M23 uravuga ko kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Ukuboza uhanganye na FARDC n’ihuriro ry’imitwe bifatanyije ya FDRL-MAIMAI-CODECO-NYATURA-ACPLS-PARRECO) muri Masisi .

Ku rukuta rwe rwa Twitter, Gen. Sultan Makenga yatangaje ko bahanganye na FARDC n’iyi mitwe iyifasha muri Masisi. Yavuze ko bari gusubiza inyuma abo bahangaye babavana muri Masisi berekeza muri Sake.

Muri ubu butumwa bwe bumaze igihe gito abushyize kuri twitter, uyu muyobozi mukuru w’inyeshyamba za M23 yongeyeho ko mu minota micye inyeshyamba za M23 ziba zigenzura Sake mu birometero bitageze kuri 25 uvuye mu Mujyi wa Goma.

Imirwano iravugwa hagati ya M23 na FARDC iravugwa muri Masisi mu gihe M23 iherutse kuwa 23 Ukuboza kuva mu birindiro yari yarigaruriye muri Kibumba igasubira inyuma nk’uko yabisabwe n’inama ya Luanda, aiko bikaba bitarabujije ko mu bindi bice hakomeje kuvugwa imirwano ya hato na hato.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *