Me Raphaël Yanyi Ovungu wari uyoboye urubanza rw’abarimo Vital Kamerhe wahoze ari Umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yapfuye mu ijoro ryo kuri uyu wa 26 rishyira uwa 27 Gicurasi 2020 muri Kinshasa.
Vital Kamerhe ufungiwe muri Gereza Nkuru ya Makala muri Kinshasa kuva tariki ya 8 Mata 2020, na bagenzi be bakurikiranweho kunyereza umutungo wagenewe kuzuza ibikorwa by’iterambere Perezida Tshisekedi yateguye, byitwa ‘Gahunda y’Iminsi 100’.
Amakuru aturuka kuri Interview.CD avuga ko Raphaël yari arwaye umutima, andi agashidikanya avuga ko uyu mucamanza ashobora kuba yishwe, azize iyi dosiye iremereye.
Umuyobozi wa Polisi muri Kinshasa, Sylvano Kasongo yanyomoje amakuru avuga ko uyu mucamanza yishwe. Ati: “Yapfiriye mu gace ka Nganda ahagana saa munani. Ntabwo yishwe kuko yari arinzwe n’abapolisi.”
Tariki ya 3 Kamena 2020 ni bwo byari biteganyijwe ko Me Raphaël Yanyi ayobora urubanza rwa Vital Kamerhe mu Rukiko Rukuru rwa Gombe muri Kinshasa.


