Kuri iki Cyumweru gishize, umunyapolitiki Delly Sesanga aganira n’abanyamakuru i Kananga, yababajwe n’ibikorwa yita iby’ubunyamaswa byamukorewe hamwe n’abari kumwe nawe ku wa Gatandatu ageze mu murwa mukuru wa Kasai Central .
Ati: “Natewe ikintu, binkomereye kumenya uburemere bwacyo. Narakomerekejwe, mva amaraso. Narokotse gushaka kunyica …”
Nk’uko iyi nkuru dukesha mediacongo.net ikomeza ivuga, yakomeje avuga ko ari igikorwa cyari kigamije kwikiza uwo bahanganye muri politiki.
Uyu munyapolitiki, Perezida w’ishyaka ENVOL, arashinja guverinoma, cyane cyane guverinoma ya Kasai Central, kuba yarateguye iki “gitero”.
Delly Sesanga usanzwe ari umudepite watorewe Luisa na Kananga, yamaze kwemeza ko ari umukandida ku mwanya wa perezida mu matora yo mu Kuboza 2023. Yari muri Kananga mu rwego rwo kuzenguruka intara z’igihugu ashaka abazamutora. Avuga ko azamarayo iminsi irenga icumi.


