bitmap_1200_nocrop_1_1_20231120131440856779_IMG-20231112-WA0008

RDC: Umunyapolitiki Diongo asanga raporo ya Loni igamije gusa gukomeza intambara

Perezida w’ishyaka Mouvement Lumumbiste Progressiste (MLP), Frank Diongo, yanenze cyane raporo yashyizwe ahagaragara n’Umuryango w’Abibumbye (UN) ku bijyanye n’umutekano n’ubutabazi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Mu butumwa yashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 7 Mutarama, kuri konti ye ya X, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze ko iyi raporo itagamije kwimakaza amahoro, ahubwo ko we abona igira uruhare mu gukomeza kubungabunga amakimbirane.

Frank Diongo yanditse ati: “Raporo y’Umuryango w’Abibumbye kuri Congo: isuzuma ry’ikinyoma cya dipolomasi. Ibyaha byo mu nzego zo hejuru, abafatanyabikorwa bakingiwe ikibaba, abajenosideri bagizwe abere, abacanshuro bagizwe ibisanzwe, ubutegetsi butemewe n’amategeko, ibiganiro bivangirwa. Iyi raporo ntabwo ishaka amahoro. Irashaka intambara.”

Iyi raporo y’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye irashinja ihuriro rirwanya ubutegetsi AFC/M23 kwigira nk’ubuyobozi bwasimbuye Leta ya Congo mu turere twigaruriwe, rishyiraho inzego z’ubuyobozi, ubutabera n’umutekano.

Iyi raporo inibasira Igisirikare cy’u Rwanda kandi yerekana ko abakora ibikorwa by’ubutabazi, imiryango itegamiye kuri leta n’inzego z’ibanze bamagana iyirukanwa ry’abasivili ndetse n’uko babuzwa gusubira mu butaka bwabo, ibintu ngo bishobora gutuma abaturage bagira ibyago byo kwicwa n’inzara.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *