RDC: Umunyapolitiki Geurchom Kahebe yiyongereye ku bandi bagiye kwifatanya na M23

Umunyapolitiki Geurchom Kahebe yiyongereye ku bandi bagiye kwifatanya n’Ihuriro ribarizwamo umutwe wa M23 umaze imyaka itatu uhanganye na Guverinoma ya Kinshasa muri Kivu y’Amajyaruguru.

Muri videwo yagiye ahagaragara kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 20 Mata 2024, uwahoze ari umukandida ku mwanya wa depite ku rwego rw’igihugu mu Mujyi wa Beni, yemeje ko yagiye kwifatanya na M23, ibyo abo ku ruhande rwa leta bise guhemukira amategeko shingiro ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma yo gutsindwa kw’amatora mu Kuboza gushize.

Uyu munyapolitiki mushya wagiye kwifatanya na M23, nk’uko bigaragara kuri videwo yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, ngo yavuye muri Amerika ajya mu ishyamba kwifatanya na M23 muri Teritwari ya Rutshuru.

Agaragara abaza kandi asubiza ibibazo bya Lt. Col. Willy Ngoma, Umuvugizi w’inyeshyamba za M23.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *