Abantu bitwaje intwaro bataramenyekana bishe umusore w’imyaka 25 i Minova mu karere ka Kalehe, mu birometero 50 uvuye i Goma ndetse n’ibirometero 150 uvuye i Bukavu (muri Kivu y’Amajyepfo). Ibi byago byabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 4 Ugushyingo 2024, nk’uko byatangajwe n’Inama y’abagize sosiyete sivile ya Kalehe.
Delphin Birimbi, Perezida w’inama y’ubwumvikane ya sosiyete sivile ya Kalehe yagize ati:”Uyu musore w’umucuruzi w’imyaka 25 yiciwe mu muhanda wa Bondeko i Buzi-Minova ahagana saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba n’abantu bitwaje intwaro batari bamenyekana kugeza ubu”.
Yakomeje ashishikariza inzego z’umutekano gushakisha abicanyi mu buryo bwihuse ati: “Turashishikariza inzego z’umutekano ziri i Minova, zibifashijwemo n’abaturage nk’uko bisanzwe, hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane abakekwaho kwica uyu musore wari umucuruzi.”
Delphin Birimbi ariko yibutsa ko hari ibikorwa biri gukorwa n’ubuyobozi bw’intara ya Kivu y’Amajyepfo kugira ngo haboneke ubushobozi buzafasha ubutabera bwa gisirikare gutegura imanza i Kalehe.
Izo manza zishobora gufasha mu “gucira urubanza, no guhamya ibyaha abakekwaho gukora ibyaha bose bafashwe ndetse n’abahungabanye bakaba banabazwa imiryango y’abagizweho ingaruka n’ibi byaha.”
Uyu munyamuryango wa sosiyete sivile yifuza ko aba bakekwaho ibyaha bafatwa kimwe nk’uko byagenze ku muhanga w’intambara Donat Kengwa Omar.
Uyu mugabo aherutse guhanishwa gufungwa burundu ku wa Mbere tariki ya 4 Ugushyingo 2024, n’urukiko rwa gisirikare rwa Bukavu, mu manza zanyujijwe mu karere ka Walungu.


