RDC:UNHCR irimo gutabaza nyuma yo kubura miliyoni 200 USD

Ibiro bya Komiseri mukuru ushinzwe Impunzi (UNHCR) , avuga ko hakenewe amadolari arenga miliyoni 200 z’amadolari y’Amerika kugira ngo hakemurwe ibibazo by’abaturage bakomeje gukurwa mu byabo mu burasirazuba bwa DRC.

Angele Dikongue Atangana, yabitangaje ku wa kabiri tariki ya 12 Werurwe 2024 i Kinshasa, mu nama ya mbere y’uyu mwaka yateguwe n’inzego z’ububanyi n’amahanga muri RDC.

Yagize ati” Dukurikije abakuwe mu byabo n’intambara mu Burasirazuba bwa Congo, dukeneye amadolari arenga miliyoni 200 USD yo kubafasha. Umwaka ushize ntitwigeze tugera kuri 50%. by’inkunga ikenewe. ”.

Uyu komiseri wa UNHCR, yasabye ko imirwano yahagarara no kwimakaza amahoro mu burasirazuba bwa DRC.

Kugeza Ihuriro rya FARDC na M23 bakomeje gukorogana , aho uduce twishi tumaze kwigarurirwa n’aba barwanyi b’i Sarambwe.FARDC ishinjwa uruhare runini mu gutuma abaturage bahunga kuko ikunze kurasa buhumyi itarobanuye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *