img-20240817-wa0047

RDC: Uwari minisitiri w’ubutabera yasabiwe imyaka 10 y’imirimo y’agahato

Urubanza ruregwamo uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba, rwakomeje mu ruhame kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 13 Kanama 2025, aho umushinjacyaha yasabiye uregwa igihano cy’imyaka 10 y’imirimo y’agahato kubera kunyereza miliyoni 19 z’amadolari ya Amerika yari agenewe kubaka gereza i Kisangani.

Umushinjacyaha yasobanuye ko uregwa yakoresheje uburyo bw’amasezerano n’abikorera aho gutanga isoko rya Leta, agaheza inzego zimwe na zimwe zagombaga kumuyobora (cyane cyane Ubunyamabanga Bukuru bw’Ubutabera), kugirana amasezerano y’ubwubatsi na sosiyete yitwa Zion Construction, itabaho mu mategeko, yarangiza akohereza amafaranga kuri konti ya yo nta tegeko ryubahirijwe n’ibindi.

Bufatiye ku mategeko, ubushinjacyaha bwemeza ko kunyereza umutungo byakozwe igihe uregwa yakuraga amafaranga kuri konti ya minisiteri y’ubutabera, akayohereza kuri konti ya sosiyete Zion Construction nk’uko tubikesha actualite.cd.

Ku bijyanye n’imyitwarire myiza, Umushinjacyaha yavuze ko uregwa ari umunyamategeko, uzi neza amategeko agenga amasoko ya Leta, ariko yanze ayarenga ku byo ateganya.

Umushinjacyaha mukuru rero yasabiye igihano cy’imyaka 10 y’imirimo y’agahato, Constant Mutamba, giherekejwe n’igihano, kumara imyaka 10 nta burenganzira bwo gutora cyangwa gutorwa, kwamburwa uburenganzira bwo gufungurwa by’agateganyo cyangwa gusubira mu buzima busanzwe no kubuzwa gukora imirimo ya leta mu nzego zose.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *