Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Brig. Gen. Ronald Rwivanga yahishuye amakosa yatumye Major General Muganga Aloys na Brigadier General Mutiganda Francis birukanwa burundu muri uru rwego.
Icyemezo cyo kwirukana mu ngabo aba basirikare cyafashwe n’Umugaba w’Ikirenga, Perezida Paul Kagame, tariki ya 7 Kamena 2023. Icyo gihe hanirukanwe abandi 114.
Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 14 Kamena, Brig. Gen. Rwivanga yasobanuye ko Maj. Gen. Muganga yazize ubusinzi bukabije, naho Brig. Gen. Mutiganda azira gusuzugura inzego za gisirikare.
Maj. Gen. Muganga yakoze imirimo itandukanye mu gisirikare irimo kuba umuyobozi mukuru w’ishuri rya gisirikare rya Gako no kuba Umugaba w’Inkeragutabara. Brig. Gen. Mutiganda we yabaye umuyobozi mu rwego rushinzwe iperereza ryo hanze, NISS.


