IMG_8899_1741819338

Ronaldo yikuye mu matora ya perezida wa CBF

Ronaldo de Lima wabaye icyamamare mu mupira w’amaguru muri Brazil, yatangaje ko yikuye mu matora ya perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Brazil (CBF), yari ateganyijwe mu mwaka wa 2026.

Uyu wahoze ari rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Brazil, wahesheje igihugu cye ibikombe by’isi bibiri (1994 na 2002), yari yiyemeje guhatana na perezida uriho ubu, Ednaldo Rodrigues. Gusa, nyuma y’amezi atatu gusa atangaje kandidature ye, Ronaldo yatangaje ko asezeye ku mpamvu zo kubura umwanya wo gutanga ibitekerezo bye.

Mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Ronaldo yavuze ko amashyirahamwe 23 muri 27 agize CBF yanze kumwakira ngo abasobanurire imigambi ye.

Yagize ati: “Nasanze imiryango 23 ifunze. Ntabwo nagize amahirwe yo gutanga umushinga wanjye, gusangiza ibitekerezo byanjye no kuganira nabo uko nari mbiteganyije.”

Yakomeje avuga ko niba benshi mu bagira uruhare mu gufata ibyemezo bemeza ko umupira w’amaguru wa Brazil uri mu biganza byiza, igitekerezo cye ntacyo cyahindura.

Ronaldo ufite ubunararibonye mu buyobozi bw’amakipe, yaguze imigabane myinshi muri Real Valladolid yo muri Espagne mu 2018, gusa yaje kugurisha ikipe ya Cruzeiro yo muri Brazil umwaka ushize.

Uyu mukinnyi w’ibihe byose muri Brazil, watsinze ibitego 62 mu ikipe y’igihugu, yabaye umukinnyi w’irushanwa ry’igikombe cy’isi cya 1998 ndetse atsindira Ballon d’Or kabiri. Ni nawe watsinze ibitego byinshi mu gikombe cy’isi cya 2002, ari nacyo Brazil iheruka gutwara.

 

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *