Rubaya: Inkangu yongeye guhitana abagera kuri 200

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 4 Werurwe, minisiteri y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri RDC yatangaje ko ku wa Kabiri abantu barenga 200 bapfuye bazize inkangu yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu birombe bya Rubaya bicukurwamo coltan mu burasirazuba bw’igihugu. Ni nyuma y’indi yahitanye abasaga 200 na none muri Mutarama.
Umwe mu bayobozi bakuru bo mu mutwe w’inyeshyamba wa AFC / M23 ugenzura iki kirombe, yari yatangarije Reuters ko abantu batanu cyangwa batandatu gusa bapfuye muri iyo mpanuka.
Rubaya itanga hafi 15% bya coltan Isi itunze, igakenerwa cyane n’abakora terefone zigendanwa, mudasobwa, ibice by’indege hamwe na ‘gaz turbines’.
Ibi birombe kuri ubu biri mu gice kigenzurwa na AFC / M23 kuva mu 2024, biherutse kongerwa ku rutonde rw’ibirombe by’amabuye y’agaciro Guverinoma ya Congo yemereye Amerika mu rwego rw’ubufatanye mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro.
Izi mpanuka zikomeje guhitana abantu ziri guterwa n’imvura nyinshi irimo kugwa muri iyi minsi.
Minisiteri y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yavuze ko abana bagera kuri 70 bari mu bapfuye kandi ko benshi bakomeretse bimuriwe ⁠mu bigo nderabuzima byo mu Mujyi wa Goma.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *