Mu gihe Rayon Sports ikomeje urugamba rwo guhatanira igikombe cya Shampiyona, haravugwa umwuka mubi mu ikipe bitewe no kutishyura abakozi n’abatoza. Bamwe muri bo bamaze amezi atatu badahembwa, bavuga ko ubuzima bubakomereye ndetse inzara ibarembeje.
Abagize umutima wo kuganira n’itangazamakuru batangaje ko bahembwe bwa nyuma muri Mutarama, kandi amafaranga aherutse kubageraho ari ibihumbi 300 Frw bahawe nk’uduhimbazamusyi nyuma yo gutsinda Rutsiro FC na Police FC. Umwe yagize ati: “Inzara yo igiye kutwica. Hari n’abari banze kujya mu mwiherero.”
Ibi bibaye mu gihe shampiyona isigaje imikino itatu ngo irangire, hakibazwa uko bazishyurwa nyuma yayo. Hari impungenge ko ubuyobozi bushobora kwirengagiza ibirarane.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwo busaba kwihangana, buvuga ko bazahembwa nibamara guhabwa amafaranga batsindiye muri Peace Cup, aho Rayon Sports yabaye iya kabiri mu byiciro byombi, ikazahabwa miliyoni 10 Frw.
Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere n’amanota 59, ikurikiwe na APR FC irusha inota rimwe. Izongera gukina ku wa Gatandatu na Bugesera FC.


