Urukiko Rukuru rw’i Nairobi muri Kenya rwategetse ko konti za Banki z’umucuruzi wo muri iki gihugu witwa Karimi Koome zifatirwa, nyuma y’uko umunyarwanda Muhinyuza Desiré amureze kumunyanganya Ksh 391,000,000 (arenga Frw miliyari 3).
Ku wa Mbere tariki ya 23 Ukwakira ni bwo umucamanza Benmark Ekhubi yategetse ko konti za Banki za Koome zifatirwa kugeza mu kwezi gutaha, nyuma yo kubisabwa n’ubushinjacyaha.
Ku wa Gatatu tariki ya 18 Ukwakira ni bwo Karimi Koome yagejejwe imbere y’ubutabera, nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumuta muri yombi.
Yashinjwaga kuriganya Muhinyuza usanzwe ari umushoranari uriya murengera w’amafaranga nyuma yo kumutekera imitwe yifashishije murandasi.
Ni ubutekamutwe uriya munya-Kenya bivugwa ko yakoze hagati y’itariki ya 10 Nyakanga ndetse n’iya 4 Ukwakira uyu mwaka.
Mu rubanza rwabaye mu cyumweru gishize Danstan Omari wunganira mu mategeko Desiré Muhinyuza yabwiye urukiko ko Koome yanyanganyije umukiriya we ariya mafaranga biciye muri Company ye yitwa Stay Online (SOL) Limited yari yamwemereye kumwamamariza ibicuruzwa.
Omari yavuze ko SOL yishyuwe amafaranga, gusa birangira itubahirije ibyo yari yumvikanye n’uruhande rw’uwo yunganira mu mategeko.
Ni ibirego cyakora Karimi Koome yahakanye biciye muri Lukas Onyina umwunganira mu mategeko.
Uyu mucuruzi usibye kuba aregwa gukorera uriya Munyarwanda uburiganya, anakurikiranweho na Leta ya Kenya kunyereza imisoro y’akabakaba Ksh miliyoni 15.


