IMG_4919

Rurageretse hagati ya Rayon Sports na Omborenga

Ikipe ya Rayon Sports yasubije umukinnyi wayo w’inyuma, Omborenga Fitina nyuma y’uko amwandikiye asaba ko basesa amasezerano yabo, amushinja ko batubahirije ibyo bumvikanye. Ubuyobozi bw’iyi kipe bwamumenyesheje ko ibyo yashingiraho bidafite ishingiro, bityo ko amasezerano agikomeje kubahirizwa.

Ibaruwa ya Omborenga, yanditswe ku wa 6 Gicurasi 2025, yavugaga ko Rayon Sports yananiwe kumuha amafaranga ya recruitment yose ndetse ikanamuhemba itinze, ibi akabifata nk’impamvu zifatika zo gusesa amasezerano y’imyaka ibiri yasinywe ku wa 30 Kamena 2024.

Nyuma yo kwakira iyo baruwa, Rayon Sports yasubije Omborenga ku wa 8 Gicurasi 2025, imumenyesha ko ibyo asaba bidafite ishingiro rishingiye ku mategeko, inamusaba gukomeza gukora akazi ke nk’uko bisanzwe.

Mu bisobanuro yatangaje, Rayon Sports yagaragaje ko mu mafaranga miliyoni 32 Frw yari yemerewe, amaze guhabwa miliyoni 30 Frw, izindi ebyiri azazihabwa mbere y’uko amasezerano arangira. Kuri bo, ibi nta kibazo ndetse ko ntibyatuma amasezerano aseswa.

Ku bijyanye n’umushahara n’uduhimbazamusyi, ikipe yavuze ko ibirarane byose bimaze kwishyurwa, hasigaye gusa umushahara w’ukwezi kwa Mata uzatangwa mu buryo busanzwe.

Mu ibaruwa Rayon Sports yandikiye umukinnyi, yibukije ko amasezerano ye afite ingingo zimubuza kugenda adasobanuye. Irimo iyo yemeza ko nihagira ikipe yo mu Rwanda imwifuza mbere y’uko amasezerano arangira, izatanga $40,000. Naho iyo yaba ari iyo mu mahanga, igatanga $50,000.

Ibi bije nyuma y’uko hibazwa niba Omborenga yaba yitegura gusubira muri APR FC, ikipe yahozemo.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwasoje buvuga ko buzakurikirana imyitwarire y’uyu mukinnyi binyuze mu kanama gashinzwe imyitwarire, ariko bumusaba gukomeza kwitwara nk’umukinnyi wa Rayon Sports kugeza igihe amasezerano azarangirira.

Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona n’amanota 56, ikurikiwe na APR FC ifite 55. Gikundiro izongera kugaragara mu kibuga ejo, ikina na Police FC ku munsi wa 27 wa shampiyona.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *