Paul Rusesabagina utuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika yahinduye uburyo bwo gutanga ubuhamya mu rubanza rwa Dr Munyemana Sosthène uburana ibyaha bya jenoside mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa.
Urukiko rwari rwateguje ko mu iburanisha ryo kuri uyu wa 7 Ukuboza 2023 abatangabuhamya barimo Rusesabagina batanga ubuhamya mu buryo bw’ako kanya (live) ku mateka ya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Rusesabagina uvugwa ni uvuga ko yarokoye Abatutsi benshi muri Hôtel des Mille Collines yari abereye umuyobozi mu gihe cya jenoside. Ni uherutse gufungurwa muri Werurwe 2023 nyuma yo kubabarirwa ibyaha by’iterabwoba yari yarahamije n’urukiko rukuru rwo mu Rwanda.
Muri iki gitondo, ubwo iburanisha ryari rigiye gutangira, urukiko rwasobanuye ko uyu mutangabuhamya atari buboneke kuko umujyanama we mu mategeko yabyanze.
Umwunganizi wa Dr Munyemana yavuze ko hari videwo Rusesabagina yafashwe avuga ubuhamya bwe, asaba ko yakwerekanwa muri iri buranisha.
Me Gisagara Richard wunganira abaregera indishyi yasabye ko videwo ya Rusesabagina niyerekanwa, na we inyandiko yahaye urukiko yasomwa. Umucamanza yamubajije kuri iyi nyandiko, asubiza ati: “Ivuga kuri Paul Rusesabagina.”
Urukiko rwanzuye ko videwo ya Rusesabagina irerekanwa mu masaha y’umugoroba. Kwanga gutanga ubuhamya mu buryo bw’ako kanya bimurinda kuba yabubazwaho ibibazo.


