Rusizi: 24 batawe muri yombi basengera mu mashyuza

Mu rukerera rwo kuwa 9 Kanama Polisi ikorera mu karere ka Rusizi mu murenge wa Nyakabuye yataye muri yombi abantu 24 bo mu madini atandukanye barimo gusengera mu mashyuza batubahirije amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko usibye ko n’ubusanzwe gusengera ahantu hatazwi n’ubuyobozi bitemewe bariya bo bari barenze ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19 kuko bari begeranye kandi ntawambaye agapfukamunwa.

Umuvugizi wa polisi ikoreramu ntara y’Iburengerazuba CIP Karekezi akomeza abo baturage batabwe muri yombi byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, abapolisi bajyayo basanga barimo gusengera mu buvumo burimo amazi y’amashyuza.

Yagize ati “Hariya hantu imiterere yaho nayo ubwayo yakwica umuntu kuko amazi aba asuma cyane uturutse hejuru ku rutare kandi ashyushye”

Mu Minsi ishize umuturage yagiyeyo gusengara muri ako gace, ahakorera impanuka nyuma aza kwitaba Imana.

Abafashwe uko ari 24 bashyikirijwe ubuyobozi kugira ngo bongere baganirizwe ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 no kubasobanurira ko gusengera ahantu hatemewe n’amategeko bibujijwe.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *