Imirwano ikomeye yubuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Mutarama 2026, mu birometero bicye uvuye Kinyankuku, hagati y’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa CMC-FDP n’abarwanyi ba AFC/M23, muri Gurupoma ya Bukombo, Teritwari ya Rutshuru.
Amakuru agera kuri Kivu Morning Post aravuga ko imirwano yadutse nyuma y’igitero cya CMC ku barwanyi ba AFC/M23 bari ku irondo. Ibi byatumye haduka imirwano yumvikanyemo intwaro zoroshye n’iziremereye.
Imirwano yakomeje mu bice byitaruye agasantere nubwo bitabujije abaturage guhunga.
Ubwo iki kinyamakuru dukesha iyi nkuru cyandikaga iyi nkuru mu ma saa sita Ingabo za AFC/M23 zari zikomereje ibikorwa bya gisirikare muri Gurupoma ya Bukombo, ahari igice kimwe kigenzurwa na AFC/M23 n’ikindi kigenzurwa na wazalendo.
Iyi mirwano ibaye nyuma y’iminsi iki gice cyo muri Gurupoma ya Bukombo hari agahenge k’igihe gito.
Kugeza ubu, centre ya Kinyankuku iracyagenzurwa na AFC/M23 kuva yahafata mu mirwano iheruka kuhabera, nubwo mu nkengero zaho hakiri inyeshyamba zimwe za wazalendo.
“Habaye imirwano kuva mu gitondo, ku rundi ruhande, igice cya kinyankuku, mu birometero bibiri uvuye muri centre. Nta baturage bari hariya, ni abasirikare ba M23 n’aba CMC bari kurwana,” uyu ni umuturage utuye ahitwa Mudugudu utifuje ko amazina ye atangazwa.
Kuva mu cyumweru gishize, indi mirwano yumvikanye mu bice bya Kyahemba/Karambi, Indetse na Bumbasha na Masha, hagati ya AFC/M23 na CMC-FDP ikorana bya hafi na FDLR, bitera ubwoba abaturage bo mu Mujyi wa Mweso.


