Amakuru aturuka muri Teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aravuga ko kuri uyu wa gatanu, itariki 28 Nyakanga, mu gace ka Rugarama muri Gurupoma ya Busanza, habereye imirwano hagati ya M23 na Wazalendo .
Nk’uko bigaragara ku nkuta z’ibinyamakuru n’abanyamakuru batandukanye bo muri Congo kuri twitter, ngo inyeshyamba za M23 zaba zateye aka gace ka Rugarama, maze mu gihe cy’isaha guhera saa mbiri kugeza saa tatu z’igitondo inyeshyamba za Wazalendo zibasha kuyisubiza inyuma.
Uruhande rwa M23 ntacyo ruratangaza kuri aya makuru bigoye kugenzura.
Biravugwa ko umuntu umwe yaguye muri iyi mirwano, mu gihe babiri bakomeretse barimo umwe wakomeretse bikabije mu baturage bo muri ako gace nk’uko ngo byemezwa na sosiyete sivile yaho.


