IMG-20241115-WA0080

Rutshuru: Imirwano ikaze hagati ya M23 na CMC muri Bwito

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 30 Kamena, abaturage bo muri Sheferi ya Bwito muri Teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, bahuye n’umunsi utoroshye, ubwo Repubulika ya Demokarasi ya Congo yizihizaga isabukuru y’imyaka 65 imaze ibonye ubwigenge.

Imirwano ikaze yadutse kuva mu museke hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’abarwanyi ba Wazalendo bo mu ihuriro rya CMC (Collectif des mouvements pour le changement). Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko imirwano yabereye ahitwa Munguli, muri Gurupoma ya Kihondo, na Kikuro, muri Gurupoma ya Tongo.

Urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje rwumvikanye muri ako gace guhera saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ku isaha yaho. Iyi mirwano yo kuwa Mbere yaje nyuma ya week end n’ubundi yaranzwe n’imirwano hagati y’ingabo zombi zihanganye. Ku wa Gatandatu no ku Cyumweru, ibice bya Birambizo na Karambi, muri Gurupoma ya Bukombo, ndetse no mu gice kimwe cya Guruoma ya Kihondo, niho habereye imirwano ikaze.

Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, iyi mirwano yatumye abaturage babarirwa mu magana bahunga ingo zabo. Ku Cyumweru, byibuze amazu atandatu yaratwitswe mu Mujyi wa Karambi no mu nkengero zaho nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga.

Bivugwa ko iyi mirwano imaze ibyumweru birenga ine, yibasiye gurupoma enye zo muri Sheferi ya Bwito ari zo: Bambo, Tongo, Bukombo, na Kihondo. Iki kibazo cyateje abantu benshi guhunga. Abaturage babarirwa mu magana bahungiye muri Gurupoma ya Bashali-Mukoto, mu gihe abandi bahungiye by’agateganyo i Bukombo cyangwa bagahungira mu bihuru.

 

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *